
Amakuru agera ku kinyamakuru Umuvugizi, aturuka ahantu hizewe, yemeza ko minisitiri w’intebbe w’Ubwongereza, bwana David Cameroon, yasubitse urugendo rwe yari kuzagirira mu Rwanda. U Rwanda ruri mu bihugu biza kw’isonga Ubwongereza butera inkunga mu rwego rw’iterambere. Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza kandi yari yateganyije gusura Nigeria, Afurika y’Epfo, ndetse n’u Rwanda, nyamara ku munota wa nyuma ni [...]

Imiryango itegamiye kuri Leta iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu Burundi, ari yo EHAHRDP, OMCT-FIDH, OLUCOME, na FORSC, ivuga ko bikwiye kandi byihutirwa gukora amaperereza arambuye ku iyicwa rya Ernest Manirumva. Iyi miryango kandi yishimira ubushake bugaragara bw’ubushinjacyaha bwo gukora amaperereza arambuye, yerekeranye n’urupfu rw’uyu mugabo. Ernest Manirumva wari umuharanizi ukomeye w’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, akaba na visi perezida [...]

Maze iminsi nitegereza uburyo leta y’u Rwanda hamwe na Komisiyo ya Jenoside ishamikiye kuri iyo leta, bivuga ko binejejwe n’uko ubutabera bwo muri Norvège, bwafashe icyemezo, cyo kwohereza Bandora ushinjwa Jenoside mu Rwanda. Kuba uyu Bandora yakoherezwa kuburanira mu Rwanda, byatumye nibaza byinshi ku bijanye n’ubwigenge bw’ubutabera bw’u Rwanda n’iyubahizwa ry’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda, [...]

Urubanza Col. Mudenge aregwamo n’ubushinjacyaha mu bujurire bw’urukiko Rukuru rwa gisirikare n’abaregera indishyi, rumaze igihe ruzurungutana, ruva mu Rukiko Rukuru rwa gisirikare rujya mu rw’ikirenga, asaba ko urukiko rwategeka ko azaburana amaze kurangiza imiti aterwa, ariko ku rundi ruhande Urukiko Rukuru rwa gisirikare rukaba rwarategetse ko nta mpamvu n’imwe yatuma urubanza rutaburanishwa mu mizi kuko [...]

Inzego z’ubutatsi z’u Bwongereza, ziherutse gukumira ambasade y’u Rwanda, gukoresha ingando zagombaga guhugura urubyiruko ruhaba, rwikubiye mu cyo bise” Itorero”. Nyuma yo guhabwa akato, noneho babyadukanye muri Canada. Niho bagiye gutoreza uwo mutwe w’urubyiruko rwa FPR . Amakuru ikinyamakuru Umuvugizi cyabonye, yemeza ko Ambasade y’u Rwanda muri Canada, irimo guhatira ababyeyi bahatuye, kugenda batanga abana [...]

Inzego z’ubutatsi z’u Bwongereza, zihereye Perezida w’u Rwanda Kagame, gasopo, y’uko zitazihanganira amafuti akorwa na ba maneko be mu gihugu cy’ U Bwongereza. Kagame yarabigaramye. Yavuze ko ibyo ari ibihuha byakwirakwijwe n’ikinyamakuru Umuvugizi. Nyuma y’ibyo, amakuru agera ku kinyamakuru Umuvugizi, yemeza ko yagaragarijwe za gihamya simusiga zerekanaga ko ibyo yitaga ibihuha byari ukuri kwambaye ubusa. [...]

Amakuru agera ku kinyamakuru Umuvugizi, aturutse mu bapolisi b’uRwanda baba Haiti, baherutse kutwandikira ibarwa itabariza mugenzi wabo Lt Col Sarto Bahenda. Yatawe muri yombi ku itariki ya 13/05/2011, ageze ku kibuga cy’indege I Kanombe. Nk’uko iperereza twakoze, nyuma yo kubona inyandiko y’aba bapolisi yerekanaga akarengane ka mugenzi wabo, twasanze ibyo bavugaga ari ukuri. Lt Col [...]

Leta zunze ubumwe z’Amerika zatangaje ko zigiye guhagarika inkunga ya miliyoni 800 z’amadolari y’Abanyamerika zahaga igisirikare cya Pakisitani. Ukuriye ibiro bya Perezida Obama William Daley yatangarije imwe muri tereviziyo zo muri Amerika muri icyi cyumweru, ko umubano w’Amerika na Pakisitani urimo ibibazo , bagomba kuwusubiramo. Ko mu gihe bacyireba uko byacyemuka, Amerika yafashe icyemezo cyo [...]

Ku itariki ya 9/7/2011, isi yose yerecyeje amaso i Juba, umurwa mukuru wa Repubulika ya Sudani y’Amajyepfo, igihugu gishya cyabonye izuba mu isi. Mu bakuru b’ibihugu batumiwe bari bitezwe I Juba umurwa mukuru wa Sudani y’amajyepfo, banahagurukije Perezida wa Sudan y’amajyepfo Salva Kiir, akaza kubirebereba no kubihera ubutumwa bubatumira imbonankubone, barimo Perezida w’u Rwanda Paul [...]

Amakuru agera ku kinyamakuru Umuvugizi aturuka ahantu hizewe, yemeza ko umuyobozi wungirije w’urwego rw’ ubutatsi rwa Gisirikare muri Uganda “CMI Deputy Chief” Col Dominic Twesigomwe, yakuweho icyizere. Yazize kurekura Rubagumya Leon Amigo, umunyarwanda wahoze akorera inzego z’ubutasi z’u Rwanda, wari wahungiye mu Bwongereza nyuma akaza mu gihugu cya Uganda. Ayo makuru yatugezeho, yemeza ko Col [...]