
Ku wa 03 gicurasi buri mwaka, hizihizwa isabukuru y’umunsi w’itangazamakuru ku isi. Mu Rwanda, haribukwa abanyamakuru bagiye bahura n’ihohoterwa rikabije kubera umwuga wabo, bamwe muri bo barafungwa, baricwa, abandi ubutegetsi bw’igitugu bwa perezida Kagame, bubacira i Shyanga. Kuri iyi sabukuru kandi, umuryango uharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru ku isi(Reporters Sans Frontières-RSF), washyize ahagaragara amagambo yivugiw en’umukuru w’igihugu, [...]

Muri raporo yawo y’uyu munsi, umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu (Human Rights Watch -HRW), wemeza ko u Rwanda rwigaragaje nk’urwateye intambwe mu by’ubukungu n’amajyambere, nyamara guverinoma yakomeje gushyiraho ibyemezo bikarishye bibangamira uburenganzira bw’itangazamakuru n’uburenganzira bwo kwibumbira mu mashyirahamwe buri wese yifuza. HRW ivuga ko ibi bigaragarira mu mashyaka ya politiki atavuga rumwe n’ubutegetsi, adafite ubushobozi [...]

Amakuru Umuvugizi ukura mu nzego z’ubutasi za perezida Kagame, yemeza ko uhagarariye ikinyamakuru «The Independent» mu Rwanda, James Hyabene, yatawe muri yombi ku wa gatandatu na polisi y’u Rwanda, ubwo yajyaga muri Uganda, afungirwa ku mupaka wa Gatuna. Iki kinyamakuru gifite ibiro bikuru i Kampala muri Uganda. Ifungwa rya James Hyabene ryabaye ku mabwiriza y’ikigirwamana [...]

Urukiko rw’i Stockholm rwari rwimukiye mu Rwanda uyu munsi kureba aho icyaha cyakorewe, umushinjacyaha Magnus Elving yeretse bagenzi be bari bajyanye ku Kibuye aho umunyarwanda uregwa, ufite n’ubwenegihugu bwa Suwede, bivugwa ko yakoreye icyaha cya jenocide mu Rwanda mu mwaka w’i 1994 ubwo ibintu byacikaga. Uyu mushinjacyaha yeretse bagenzi be b’abacamanza ko uyu mugabo urimo [...]

Uregwa akurikiranyweho ukuba yaragize uruhare muri génocide yo mu Rwanda yabaye muri 1994, génocide yahitanye abantu barenga ibihumbi magana munani (800.000). Urubanza ruzabera hano muri Sweden kubera ko uregwa yabonye ubwenegihugu bw’iki gihugu mu mwaka wa 2008. Sweden yateye utwatsi icyifuzo cy’u Rwanda rwashakaga ko uregwa ajyanwa kuburanishirizwa aho icyaha cyakorewe. Nk’uko umushinjacyaha, Magnus Elving, abitangaza, [...]

Uyu munsi ni bwo Urikiko rw’Ikirenga rwakatiye umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kagame (FDU-Iningi), madame Ingabire Victoire Umuhoza, igifungo cy’imyaka umanani, rumuhamije ibyaha byo guhakana jenoside no gukora ibikorwa by’iterabwoba. Ibi bikaba bibaye nyuma yo gusiragizwa n’inkiko za perezida Kagame kuva aho zimutereye muri yombi na none zimurega ibi ibyaha. Ibi bikaba byarabaye mu [...]

Urubanza rw’abantu 22 barimo n’umunyamakuru wa Bonesha FM, Hassan Ruvakuki, rwabaye ku wa 8 ukwakira 2012, urukiko rw’ubujurire rwa Gitega rwemeje ko rwimuriwe ku wa 18 ukwakira 2012. Ubwo umucamanza yafataga iki cyemezo, abari bitabiriye uru rubanza baguye mu kantu kuko bibwiraga ko wenda bazagaruka bucyeye kurukurikirana. Ibi ni ibyatangajwe n’uhagarariye umuryango «Reporters sans frontières» [...]

Muri raporo nshya y’umuryango uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu, Amnesty International, uyu muryango uremeza ko inzego z’ubutasi za gisirikare z’u Rwanda zikunze kwitwa J2, zafunze ku buryo bunyuranyije n’amategeko abantu barenga icumi, zitabuze no kubakoreraho ibikorwa by’iyicarubozo. Iyi raporo, yiswe mu rurimi rw’igifaransa, Rwanda : Dans le plus grand secret. Détention illégale et torture aux mains du service de [...]

Itangazo ryashyizwe ahagaragara uyu munsi n’Umuryango uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu «Human Rights Watch», riragaragaza ko inyeshyamba za M23, ubu zirimo kurwanira muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, zikora ibyaha bikomeye by’intambara, ibyaha birimo kwica urubozo, ugufata abagore ku ngufu, no guhatira abantu kwinjira mu gisirikare cyazo. «Human Rights Watch» ivuga ko abantu mirongo itatu na [...]

Amakuru agera ku Kinyamakuru Umuvugizi yemeza ko ku itariki ya 22 /06/2012 , Urukiko rw’Afurika y’Uburasirazuba rwongeye gutegeka ko Col. Rugigana Ngabo ahabwa ubutabera nyabwo nta yandi mananiza . Uyu Col. Rugigana ni murumuna wa Gen. Kayumba Nyamwasa. Inteko y’abacamanza b’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba iyobowe Harold R. Nsekera yategetse ko mu gihe kitarenze amasaha 58 [...]