
Ku wa 10 gashyantare 2012, urukiko rw’ubujurire rwa Gitega i Bujumbura, rwanze gusuzuma inyandiko rwashyikirijwe n’ababuranira umunyamakuru wa Radiyo Bonesha FM, uyu akaba anahagarariye i Bujumbura radiyo mpuzamahanga y’abafaransa (RFI). Nyuma y’uko yimuwe mu magereza inshuro zigera kuri eshatu, Hassan Ruvakuki ubu noneho afungiwe i Muramvya. Kuva urubanza rwa Hassan Ruvakuki rutangiye, urubanza aregwamo ibikorwa [...]

Minisitiri w’intebe w’igihugu cya Suwede, Fredrik Reinfeldt, asanga abanyamakuru ba Suwede bafungiwe muri Etiyopiya bagombaga kurekurwa nta yandi mananiza, kubera ko ngo barengana. Aba banyamakuru, Martin Schibbye na Johan Persson, bakaba bamaze igihe bafunzwe na Leta y’igitugu ya Etiyopiya, ibarega kwinjira muri icyo gihugu nta burenganzira bafite, no gushyigikira imitwe y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Etiyopiya. [...]

Umuryango urengera ubwisanzure bw’itangazamakuru ku isi «Reporters sans frontières» uramenyesha impinduka mu bagize ikipe y’ubuyobozi. Jean-François Julliard, wari umunyamabanga mukuru wa «RSF» ntazaba agishinzwe uyu murimo kuva taliki ya 31 mutarama 2012. Inama y’ubutegetsi yatangiye gushakisha uzamusimbura kuri uwo mwanya. Olivier Basille, wari uhagarariye «Reporters sans frontières» i Buruseli, ni we uzaba akora iyi mirimo [...]

Taliki ya 06 ukuboza 2011, Umuvugizi watangaje ko Didace Ndunguyangu, wari warakatiwe gufungwa imyaka icumi, yarekuwe, akaba atakibarizwa muri gereza nkuru ya Kigali, yari afungiwemo. Didace Ndunguyangu yari yakatiwe n’urukiko rw’ikirenga rw’u Rwanda, kubera ko yiyemereye ko ari we wishe mu mwaka ushize, Jean-Léonard Rugambage, wari umwanditsi mukuru wungirije w’Umuvugizi. Nyuma y’uko iyi nkuru isohotse [...]

Nyuma y’ikinamico riteye isoni ryagiye rikorwa n’inkiko za perezida Kagame ku manza ubushinyacyaha bwaregagamo bya nyirarureshwa abahitaganye umunyamakuru w’Umuvugizi, Rugambage Jean Léonard, inkiko za Kagame zagize Antoine Karemera umwere, naho Didas Nduguyangu zimukatira gufungwa imyaka icumi gusa . Ibi byabaye kw’itariki ya 16/09/2011 mu rukiko rw’ikirenga. Icyagaragaye noneho ni uko Leta ya Kagame yeruriye abashidikanyaga [...]

Umuryango urengera uburenganzira bw’itangazamakuru ku isi «Reporters sans frontières», ubabajwe cyane n’iyicwa rya Charles Ingabire, umunyamakuru wayoboraga akanyamakuru kasohokeraga ku mirongo ya internet «Inyenyerinews.org». Charles Ingabire yiciwe i Kampala, mu murwa mukuru w’igihugu cya Uganda, mu ijoro ryo ku wa 30 ugushyingo, uyu mwaka. Kubera kunenga ubutegetsi bw’i Kigali, uyu munyamakuru yari yarabuhungiye i Kampala kuva [...]

Umuryango urengera ubwisanzure bw’itangazamakuru ku isi, «Reporters sans frontières», watangajwe n’ifatwa rya Hassan Ruvakuki, umunyamakuru wa Radio «Bonesha FM», akaba yari anahagarariye radio y’Ubufaransa (RFI) i Bujumbura, mu ishami ry’igiswahiri. Kuva taliki ya 28 ugushyingo 2011, uyu munyamakuru ari mu maboko y’inzego zishinzwe iperereza, zimurega gufatanya n’uduco tw’abagizi ba nabi, bigometse ku butegetsi bw’Uburundi. Izi nzego [...]

Mu gihe amatora y’umukuru w’igihugu cya Kongo n’ay’abadepite yegereje, amatora ateganyijwe ku wa 28 ugushyingo 2011, no mu gihe urupfu rw’umudepite wo mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, bikomeje guteza impagarara za politiki i Kinshasa, ishyirahamwe rirengera ubwisanzure bw’abanyamakuru (Reporters sans frontières), ribona ko guhohotera ibinyamakuru byo muri Kongo n’abanyamakuru ubwabo, bitigeze bihagarara. Uyu muryango urasaba [...]

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Loni, madamu Suzan Rice, akomeje kugirira uruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda, aho azarusoreza ejo mu karere ka Musaze, nyuma yo gukora umuganda, akazanasura ibitaro bya Butaro, mbere gato y’uko ataha. Muri urwo ruzinduko, ambasaderi Suzan Rice yashimye intambwe Leta y’u Rwanda imaze gutera mu bijyanye no kugarura amahoro muri [...]

Mu gihe cy’icyumweru kimwe gusa, abanyamakuru batatu bo mu Rwanda bari bamaze gufatwa no gufungwa. Mu itangazo ryawo ikinyamakuru Umuvugizi gifitiye kopi, umuryango mpuzamahanga urengera uburenganzira bw’abanyamakuru, Reporters sans frontières, wamaganye iryo fatwa n’ifungwa ry’abo banyamakuru. Mu bari bafashwe, babiri muri bo barekuwe mu gitondo cyo ku wa 15 ugushyingo 2011, undi aracyafunzwe. Muri [...]