Akaduruvayo ka politiki mu Burundi kariyongere
“Umuco wo kudahana ukwiriye gucika kugira ngo iyicwa ry’abantu rigabanuke “Umuryango uharanira uburenganzira bw’ikiremwa muntu Human Rights Watch mu itangazo washyize ahagaragara uyu munsi wamaganye iyicwa ry’abantu ryaranze umwaka wa 2010 kandi rikaba ryaragiye ryiyongera buri mwaka kugera mu mwaka wa 2011 .
Human Rights Watch yanenze iyicwa ry’abantu rikomeje kubera mu Burundi aho rikorwa n’abashinzwe umutekano , abanyapolitiki baturuka mu ishyaka riri ku butegetsi hamwe n’imitwe yitwaje ibirwanisho , ikaba yanenze uburyo abantu baba bakoze ubwo bwicanyi badafatwa ngo bashyikirizwe ubutabera aribyo bigaragaza umuco wo kudahana abo bicanyi bigatuma ukwira hose , bikana garagaza leta imaze kunanirwa kurinda abaturage bayo hamwe n’igihugu kitagira ubutabera.
Mu nyandiko ya mpampuro zigera kuri mirongo inani na rumwe yavugaga ngo: “Nti muzagira amahoro mu gihe mu kiriho” , iyo raporo ikaba yaragaragaje ubwicanyi hamwe no kwihorera byagiye biranga amatora y’umwaka wa 2010 bikagera hagati ya 2011 aho byaranzwe n’ubwicanyi ndegakamere bwagiye bukorwa n’ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD kimwe n’abatavuga rumwe nayo FNL. Igiteye agahinda ni uko kugeza magingo aya imiryango y’ababuze ababo itarabona ubutabera.
Iyo raporo yasohowe n’umuryango uharanira uburenganzira bw’ikiremwa muntu Human Rights Watch ikaba igaragaza uburyo leta y’Uburundi yateye ubwoba abagerageje kunenga ubwo bwicanyi cyane cyane itangazamakuru hamwe n’abagize “sosiyete sivile”
Uhagarariye Human Rights watch muri afurika Daniel Mekele yavuze ati: “Ishyaka riri ku butegetsi ryari rifite umugisha wo kubaka Uburundi bushya binyuze mu matora ya 2010 ariko ibyo twabonye ni uko ayo matora yaranzwe no kwihimura ku bahoze ari inyeshamba kimwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, abananiwe kuramya ishyaka riri ku butegetsi CNDD- FDD babuze ubuzima bwabo” .
Human Rights Watch yaboneyeho gusaba abatavuga rumwe n’ubutegetsi kimwe n’ishyaka riri ku butegetsi kwamagana bivuye inyuma ubwicanyi bwakozwe n’abanyamuryango bayo kimwe n’ababashyigikiye bagashakira hamwe umuti wa hagarika ayo makimbirane akomeje kworeka imbaga y’inzira karengane mu Burundi .
Yasabye leta y’Uburundi guhagarika imfu hamwe n’iterabwoba rikorerwa abatavuga rumwe nayo kimwe n’abahoze ari inyeshamba , bikozwe n’abashinzwe umutekano , inzego z’iperereza hamwe n’umutwe w’urubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi witwa imbonerakure.
Iyo raporo yibanze ku ikusanya makuru ryabaye hagati ya 2011 na 2012 , iha ibiganiro abahohotewe , imiryango yabo hamwe n’abatanga buhamya bari bahibereye, cyane cyane ku bwicanyi bwa bereye mu mujyi wo mu Gatumba, aho abantu bagera kuri 37 bishwe mu kwa cyenda 2011 .
Iyo raporo itanga ingero zigaragara z’aho abantu batandukanye bagiye baterwa ubwoba , bajya mu bwihisho abandi baricwa bazira ibitekerezo byabo bya politiki . Itanga urugero rumwe ku bavuye ku rugerero witwa Audace Vianney Habonarugira wishwe mu kwa karindwi 2011. Mbere yuko yicwa, akaba yari yaratanze ubuhamya buvuga uko yahigwaga na polisi, igisirikare na abashinzwe inzego z’iperereza .
Yanagaragaje uburyo ubwo bwicanyi bwa nibasiye n’abanyamuryango b’ishyaka riri ku butegetsi bukozwe n’abantu bazwiho kuba baraturukaga mu ishyaka FNL ,itanga urugero rw’abasirikare bato bishwe hamwe n’umukobwa muto bari kumwe mu kabari aribo Pascal Ngendakumana na Albert Ntiranyibagira .
Nubwo leta y’Uburundi yanakomeje gutesha agaciro ubwo bwicanyi ikavuga ko bwako rwaga n’amabandi yitwaje intwaro ari nako ivuga ko Uburundi bufite umutekano usesuye ariko ubwicanyi ndenga kamere hamwe n’umutekano mucye byaje kujya ahagaragara mu kwa karindwi bishira mu kwa cyenda, aho ubwicanyi bwo mu Gatumba bwatumye leta itagishoboye kubuhishira .
Igitangaje nk’aho leta yagakoze iperereza ikanashyikiriza abakoze ubwo bwicanyi cyane ko habaga hari ababashinja, ahubwo leta yabakingiye ikibaba bakaba bakiri hanze bidegembya.
Yatanze urugero rw’ubwicanyi bwabereye mu Gatumba aho urubanza rwaho rwiganjemo gukoresha amananiza hamwe no kudakoresha ukuri, aho abacamanza batigeze baha agaciro k’ubuhamya bw’aho abaregwaga bagiye bakorerwa iyicwa rubozo . Urukiko rukaba rwarananiwe guhamagaza bamwe mu bashinzwe inzego z’iperereza bashijwaga n’abaregwa kuba baragize uruhare muri icyo gikorwa cy’ubwicanyi ndegakamere , iryo nanirwa ry’urukiko guhamagaza abashinzwe umutekano baregwaga kugira ngo baze bagire icyo babivugaho, bikaba byaratumye abunganizi ba baregwa bagera kuri 21 bikura mu rubanza rutarangiye , ikatwa ry’urubanza rikaba ryarabaye mu minsi ishize .
Raporo y’aka nama k’igihugu gashinzwe gukora iperereza ku bwicanyi bwa bereye mu Gatumba ikaba yararangiye gutangwa mu kwa cumi ariko kugeza magingo aya ikaba itarashyirwa ahagaragara.
Bekele yavuze ati: “nk’aho bakurikiranywe , ubucamanza bwiregagije ibimenyetso bikomeye bituma iryo kurikiranwa n’ikatwa ry’urubanza rita agacyiro ku buryo abaturage basigaye bafite ingingimira bumvako nta butabera bwatanzwe “.
Human Rights Watch ikaba yaratangaje ko kuba ubutabera bw’Uburundi bwarananiwe gukurikirana hamwe no gukora iperereza risesuye ku baregwaga muri urwo rubanza , byatumye ubutabera buterwa icyizere , binatuma abakikacumu hamwe n’imiryango yabo barushaho guhahamuka bikomeye. Abakitse ku icumu ry’ubwo bwicanyi batangarije Ruman Rights Watch muri aya magambo “Iteka leta ivuga ko iza kora iperereza kuri ubwo bwicanyi ariko ntigire icyo ibikoraho , turabimenyereye”.
Kuba abaturage barataye icyizere ku nzego za polisi hamwe n’ubutabera bishobora kuzatuma haba ingaruka zikomeye mw’ikorwa ry’iperereza igihe izo nzego zizaba zibikeneye , cyane ko abaturage baba bumva ko itangwa ry’ayo makuru nacyo rimaze ”.
Human Rights Watch ikaba yaranenze uburyo leta ikomeje guhohotera no gutera ubwoba abanyamakuru hamwe n’abagize sosiyete sivile mu gihe bagerageje kugira icyo batangaza kuri ubwo bwicanyi ,ibarega ko babogamira ku ruhande rw’abatavuga rumwe nayo , itanga urugero rwa Bob Rugurika umuyobozi wa Radio RPA (Radio Publique Africaine) wahamagajwe inshuro zigera ku munani n’ubushinjacyaha hagati y’ukwezi kwa karindwi n’ukwa cumi na kumwe bumubaza kuri gahunda za Radiyo abereye umuyobozi . Izo nzego zikaba zaraje kumurega ko atangaza amakuru yuzuye amacakubiri akanangisha leta abaturage ariko akaba atarigeze akurikiranwa n’amategeko. .
Nyuma y’aho Pierre-Claver Mbonimpa Perezida w’umuryango uharanira uburenganzira bw’ikiremwa muntu mu Burundi APRODH mu magambo ahinye anengeye ubutegetsi ko bushaka kwikiza abatavuga rumwe nabwo , yaje guterwa ubwoba na Minisitiri ushinzwe umutekano mu kwezi kwa kabiri ubwo yamwandikaraga urwandiko amurega gukwira kwiza ibihuha bigamije kwangisha leta abaturage hamwe no gutesha umutwe inzego z’igihugu, anamutera ubwoba ko agiye gufunga uwo muryango we.
Bekele akaba yaragize icyo abivugaho muri aya magambo: “Itangazamakuru kimwe na sosiyete sivile bafite uburenganzira bwo gutangaza mu bwisanzure ku bikorwa by’ubwicanyi nk’ibyo. Akenshi usanga leta aho kureba uburyo yakumira cyangwa igashyikiriza abakoze ubwo bwicanyi ubutabera, ahubwo yibanda mu kwibasira abaharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu hamwe n’itangazamakuru baba bamagana ubwo bwicanyi ” .
Umuryango Human Rights Watch ukaba waraboneyeho umwanya wo kugaragaza ko ibibazo by’umutekano mucye bya gabanutse mu Burundi ,n’umubare wa abicwa bazira politiki ukaba waragabanutse .
Uhagarariye Ruman Rights muri Afurika Bekele akaba yarasoje asaba leta y’Uburundi gucyemura burundu ibibazo byateye ako kaduruvayo kabaye muri 2011 kandi igashaka umuti wa kumira ubwo bwicanyi kugirango bwe kuzongera kuba.
Gasasira, Sweden
