Perezida Kagame yongeye kuza ku rutonde rwa abanyagitugu baniga itangazamakuru
Uyu munsi nibwo umuryango uharanira uburenganzira bw’itangazamakuru Reporters without borders yongeye gusohora Perezida Kagame ku rutonde rw’abanyagitugu baniga Itangazamakuru .Reporters without borders ibona Perezida Kagame nk’umuntu ugaragara nk’umusirimu , wambaye ama kositime agezweho, igihagararo kirekire hamwe n’isura ndede , ugaragazwa n’imbuga za Internet nk’umunyapolitiki kurusha kuba inyeshamba , wafashe ubutegetsi muri Jenoside, ubumwe n’ubwiyunge akaba ariyo ntwaro y’ubutegetsi bwe, akananiga Abatavuga rumwe nawe.
Umunyagitugu Perezida Kagame yagiye ku butegetsi mu mwaka 2000 , yongera gutorwa muri 2010 , akaba atihanganira ibibazo bimunenga mu biganiro agirana n’abanyamakuru , akaba agereranya itangazamakuru rimunenga na Radio Mille Colinne(RTLM) , Ihunga rya abanyamakuru rya buri mwaka ntacyo rimubwiye ahubwo abatuka ko ari abacanshuro hamwe n’ibibuno .
Abagore babiri b’abanyamakuru bahawe igihano umwe imyaka irindwi undi imyaka cumi n’irindw kubera kunenga Perezida Kagame, nyuma igihano cyabo kiza kugabanywa umwe ahabwa imyaka itatu undi imyaka ine .
Umwanditsi mukuru Jean Leonard Rugambage yarishwe mu kwa gatandatu 2010 kubera gukora iperereza ku nzego z’umutekano zari zagize uruhare mu iraswa ry’umusirikare mukuru wo murwego rwa Jenerali wari wahunze . Ikinyamakuru Umuvugizi kimwe n’ikindi Kinyamakuru Umuseso bikaba ari mu binyamakuru byahanganye na leta igihe kinini .
Reporters Without borders ikaba yaranenze uburyo abanyagitugu b’u Rwanda barangajwe imbere na Minisiteri y’itangazamakuru hamwe n’Inama Nkuru y’itangazamakuru bazwiho kutigenga bahora barega abanyamakuru ibyaha bimwe aribyo kwivanga mu buzima bwite bw’abantu, hamwe no gutuka Perezida Kagame, bakaba barongereyeho andi mananiza ku bagiye gutangira igitangazamakuru kuba bagomba kwishyura 41.000 euros kugira ngo babone ibya ngobwa bibemerera gutangiza igitangazamakuru , ibi bikaba biri mu rwego rwo kunaniza no guca intege buri muntu wese wakwifuza gukora itangazamakuru .
Umunyamakuru aricwa buri nyuma y’iminsi itanu ,abanyagitugu bagera kuri batandatu bakaba bari yongereye ku rutonde rw’abanyagitugu ari byo byatumye bagera kuri 41 hamwe na Perezida Kagame arimo dore ko we arusaziyeho .
Abiyongereye kw’isonga rya abanyagitugu baniga itangazamakuru ni Perezida wa Siriya Bashar Al-Assad , umutwe w’intagondwa z’abayisiramu muri Somaliya wica abanyamakuru nk‘ababaga inyama .
Hari n’abandi banyagitugu bakuweho biyongereye kuri urwo rutonde nka nyakwigendera Perezida Gaddafi wa Libiya hamwe na mugenzi we Abdallah Saleh wa Yemen, ariko nubwo bavuyeho ntibyigeze bigabanya umubare w’abanyamakuru bicwa buri gihe mu bihugu byabo .
Abandi banyagitugu bagera kuri batandatu biyongereye ku rutonde rwa ba sekibi mu baniga Itangazamakuru muri uyu mwaka wa 2012 .
Muri abo akaba harimo Boko Haram , umutwe w’intagondwa za kiyisiramu wo muri Nigeria , Akanama ka Gisirikare kayobora Misiri , Umunyagitugu wa hirimye Hosnim Mubarak wamamaye kubera kuniga itangazamakuru, Minisitiri w’itangazamakuru ryo muri Somaliya bwana Vasif Talibov uhoza abanyamakuru ku nkeke , Umuyobozi wa Azerbaijan, inzego z’iperereza za Pakistani hamwe na Umunyagitugu wa Koreya y’amajyaruguru Kim Jong- un wazunguye igitugu cya se King Jong-il .
Hari n’ibihugu bigenda bitera imbere mu kuniga itangazamakuru bikaba bifite abanizi b’itangazamakuru bagera kuri babiri, bakaba baratanze urugero rwa Somaliya aho ifite umutwe w’intagondwa Al-Shabaab hamwe na minisitiri w’itangazamakuru muri icyo gihugu. Pakistani ifite Umutwe w’Abataliban hamwe n’inzego z’iperereza zicyo gihugu. Azerbaijan ifite Perezida Ilham Alien hamwe n’umunyembaraga wa Nakhchivan witwa Talibov wahinduye ubwami bwe ibagiro.
Russia ntifite umunyagitugu Vladimir gusa, inafite n’umumotsi we Ramzan Kadyrov wamize bunguri igitugu cya sebuja cyo kuniga itangazamakuru .Palestine ifite ubuyobozi bwayo bubarizwa muri West Bank hamwe n’umutwe w’itera bwoba Hamas ubarizwa muri Gaza bose bakaba bakoresha inzego z’umutekano zabo kuniga Itangazamakuru .
Leta ya kiyisiramu ya Iran aho ifite abanyagitugu babiri aribo umwami Khamenei hamwe na Ahmadinejad nubwo bose batunvikana ariko bahurira mu kuniga Itangazamakuru. Iran ikaba ikiri mu bihugu bigifite umubare mwinshi w’abanyamakuru bafunzwe kimwe n’Ubushinwa , Eritrea , Turkey hamwe na Syria , ibyo bihugu bikaba bibarirwa ku isi mu bagifunze umubare mwinshi w’abanyamakuru.
Hari n’abandi ba Perezida bashobora kuziyongera kuri urwo rutonde rw’abaniga itangazamakuru mu minsi itaha: nka Perezida Omar Guelleh wa Djibouti, Omar al-Bashir wa Sudan hamwe na Perezida Museveni wa Uganda. Yemen yagize umwaka wa 2011 igeragezwa ku banyamakuru ariko kuva umunyagitugu wayo yava ku butegetsi ikaba ikiri mu igenzurwa kugira ngo barebere hamwe niba ishobora kwisubiraho ikava ku rutonde rw’abaniga itangazamakuru . Perezida Thein Sein wa Burma nawe ashobora kuzakurwa kuri urwo rutonde naramuka yisubiyeho muri 2012 akivugurura mu bijanye na Demokrasi .
Gasasira , Sweden
