Uburyo Jeannette Kagame yakoresheje icyegera cy’umugabo we na Muramu we mu guhuguza banki de Kigali
Mu iperereza rimaze iminsi rikorwa n’Umuvugizi twashoboye gutahura uburyo Jeannette Kagame yohereje uwahoze ari icyegera cy’umugabo we ari we James Gatera na muramu we Flora Nsinga Murefu gutegura ihuguza rya Banki de Kigali .Amakuru agera ku Umuvugizi yemeza ko Jeannette Kagame yohereje uwahoze ari umujyanama w’umugabo we ariwe Gatera James wari umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu bijyanye n’ ubukungu, kugirango ajye gutegura uburyo iyo banki bagomba kuyigurisha umugabo we nyuma yo kuyikura mu maboko ya Ababiligi, dore ko aribo bari abanya migabane banini .
Ibi bikaba byarabaye nyuma yaho umwe mu cyegera cya Perezida Kagame akunze gukoresha muri ubwo busahuzi Minisitiri Musoni James wari Minisitiri w’imari icyo gihe ananije abanyamugabane banini ba banki de Kigali baturuka mu gihugu cy’ububiligi aribo Bergolaise arinabwo babameneshaga mu gihugu.
Jeannette Kagame hamwe n’umugabo we babonaga ariyo banki yonyine yari isagaye mu gihugu doreko bari bamaze nanone gukubita hasi icya hoze ari Bancar, BCDI hamwe na BCR banyuze mu nzira y’ ukunaniza abanyamigabane bayo ma banki aribo ba Kajeguhakwa Valens , Kalisa Alfred,Rwigara Asssinapol hamwe n’abandi batabarika bagiye bambura imigabane yabo ku nabi, bamwe babamenesha mu gihugu abandi barafungwa bazira amaherere n’abasigaye nabo bakaba baratewe ubwoba badafite uburyo bakwishyuza utwabo twambuwe nabo .
Ihomba rya banki de Kigali ryatewe na Jeannette Kagame dore ko ariwe wikoreyemo ashyiraho umugore wa musaza we Richard Murefu ariwe Flora Nsinga Murefu amuha kuba ariwe ushinzwe abakozi n’ubutegetsi “Human Resource and Administration” muri iyo banki, ku buryo nta kintu na kimwe gishobora gukorwa muri banki na signature ya Jeannette Nyiramongi Kagame cyangwa Flora Nsinga Murefu basinyeho .
Mu rwego rwo gusibaganya ibimenyetso kugira ngo hatazagira ubara inkuru kuri ubu bujura bw’iyo banki, byabaye ngobwa ko birukana buri mukozi wari umaze igihe muri iyo banki, n’abasigayemo bakaba ari ibikange, ibi bikaba byarakozwe nyuma yo kwirukana abakozi batabarika birukanywe bazira kumenya amabanga y’iyo banki hamwe no kutaba abizerwa b’igisonga cya Perezida Kagame ari cyo Gatera James cyangwa muramu wa Jeannette Kagame ariwe Flora Nsinga Murefu.
Iri huguza ry’iyo banki rikaba ryarabaye nyuma yaho Jeannette Kagame ategekeye Minisitiri w’imari yasimbuye Musoni James ari we Rwagombwa John kugira ngo bafatanye n’ibikoresho byabo muri Banki de Kigali kugira ngo bashikirize imari n’amafaranga ya abaturage mu maboko ya perezida Kagame .
Gasasira, Sweden
