Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirasaba u Rwanda guhagarika gukomeza gufasha inyeshyamba za M23

Barrie Walkley, Umujyanama udasanzwe wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Akarere k'Ibiyaga Bigari.
Mu kiganiro n’abanyamakuru, Barrie Walkley yagize, ati: «Nabwiye perezida Kabila ko Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ihangayikishijwe n’intambara irimo kuyogoza akarere ka Kivu».
Barrie Walkley yongeyeho ko mbere yo kugera i Kinshasa, yari amaze iminsi myinshi i Kigali, aho yagiranye ibiganiro n’abayobozi b’u Rwanda.
«Nabasobanuriye aho Guverinoma ya Amerika ihagaze kandi nahamagariye u Rwanda guhagarika inkunga iyo ari yo yose rugenera ingabo za M23».
Abajijwe niba afite gihamya y’uko u Rwanda rufasha inyeshyamba za M23, bwana Walkley yashubije ko hari amaraporo yerekana neza ko ingabo z’u Rwanda zifasha abarwanyi b’uyu mutwe.
Yanaboneyeho gutangaza ko ingabo z’u Rwanda ziri ku butaka bwa Kongo mu gufasha uyu mutwe w’inyeshyamba, zigomba guhita zihava vuba na bwangu.
«Ubu ni bwo butumwa twagejeje ku bayobozi b’u Rwanda, kandi tuzakomeza kububagezaho tubinyujije ku nzego zibishinzwe zo hejuru».
Amiel Nkuliza , Suwede
Andikira umuvugizi kuri :info@umuvugizi.com