Ishyaka «Green Party» rirasaba ko hakorwa amaperereza ku baciye umutwe wa Kagwa André Rwisereka

Andre Kagwa Rwisereka Bamuhotoye bamucyegese ijosi!

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije, Democratic Green Party, mu rurimi rw’icyongereza, rirasaba ko hakorwa amaperereza ku bishe uwahoze ari Visi-Perezida w’iri shyaka, André Kagwa Rwisereka.

André Kagwa Rwisereka yazimiye ku italiki nk’iy’uyu munsi ku wa 13 nyakanga 2010, aza kuboneka bukeye bwaho ahitwa i Huye, yishwe urw’agashinyaguro, kuko yari yaciwe umutwe.

Nyuma y’imyaka ibiri iryo shyano ribaye, abarikoze na n’ubu barakidegembya; ntibashobora no gufatwa ngo bashyikirizwe inkiko.

Ubushinjacyaha bukuru bwa Repubulika y’u Rwanda bwafashe icyemezo cyo gushyingura dosiye ya Nyakwigendera, kubera ko ngo bwari budafite ibimenyetso bihagije ku bagize uruhare mu rupfu rwe.

Ibihugu n’imiryango mpuzamahanga birimo Leta y’Ubufaransa, Leta ya Canada, Umuryango w’Ibihugu by’i Burayi, Umunyamabanga mukuru wa Loni, Bani Ki Moon, n’abandi benshi, basabye ko habaho iperereza ryihuse ku baciye umutwe wa André Kagwa Rwisereka, nyamara Leta ya Kigali yatereye agati mu ryinyo.

Perezida w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije, Frank Habineza, yagize, ati: «Ntawe uvuma iritararenga, ni ugutegereza ko aya maperereza azakorwa».

Amiel Nkuliza, Sweden.

Byashyizweho na editor on Jul 13 2012. Filed under Ahabanza, Amakuru Ashyushye, Politiki. You can follow any responses to this entry through the RSS 2.0. You can leave a response or trackback to this entry

You must be logged in to post a comment Login

Ibyahise

Itariki
Gushakisha ukurikije ibyiciro
Gushakisha wifashije google
Log in