Suwede yahagaritse inkunga Banki Nyafurika yo Gutsura Amajyambere yageneraga u Rwanda
Amakuru agera ku Umuvugizi aturuka ahantu hizewe, yemeza ko Leta ya Suwede yahagaritse inkunga u Rwanda rwagombaga guhabwa na Banki Nyafuruka yo gutsura amajyambere mu kwezi kwa kenda uyu mwaka, niba u Rwanda rukomeje kutitandukanya n’umutwe wa M23, umutwe w’abarwanyi ukomeje kuyogoza Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo.Iyo nkunga yageraga kuri miliyoni 39,9 z’amadorari, ikaba yahagaritswe kugeza u Rwanda rwiyemeje kuva muri Kongo.
Umwe mu banyacyubahiro bagize inama y’ubutegetsi ya Banki Nyafurika yo gutsura amajyambere, akaba akomoka mu gihugu cya Suwede, akaba ari na we wagize uruhare mu guhagarika ako kayabo kagenerwaga u Rwanda, yagize ati “Suwede yababajwe cyane n’iriya raporo ya Loni yerekana uruhare rw’u Rwanda mu bikorwa byo guhungabanya amahoro muri Kongo. Dukeneye ko u Rwanda hamwe n’ibihugu bituranye na rwo bigira uruhare mu kongera kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Kongo”. Yarongeye, ati ”Amahirwe yo kugirango u Rwanda rwongere guhabwa akayabo nk’aka ari mu maboko y’u Rwanda ubwarwo”.
Gasasira, Sweden.
editor@umuvugizi.com
