Amahanga arasaba Leta ya Afurika y’epfo kurekeraho kugurisha intwaro Leta ya Kagame
Amakuru agera ku Umuvugizi yemeza ko amahanga, abinyujije kuri “National Convention arms Control committee”, ari ko kanama gashinzwe ikurikirana ry’igurishwa ry’intwaro muri Afurika y’epfo, kasabye icyo gihugu kurekeraho kugurisha intwaro Leta ya Kagame, kubera ko izikoresha mu gutera inkunga inyeshyamba za M23.Amahanga yerekana kandi ko Leta ya Kagame yishe amasezerano mpuzamahanga ari cyo cyemezo “UN Resolution 1807”, abuza umuntu uwo ari we wese kugurisha imbunda imitwe yitwaje ibirwanisho muri Kongo, nyamara Leta ya Kagame ikaba yarabirenzeho irema iyo mitwe, inayiha ibirwanisho. Amahanga akaba yihanangiriza Leta ya Afurika y’epfo guhagarika kugurisha izi ntwaro Leta ya Kagame kubera ko ikorana n’imitwe y’iterabwoba.
Amakuru akomeje kugera ku Umuvugizi akaba yerekana ko Leta ya Afurika y’epfo yagurishije intwaro ku Rwanda zifite agaciro k’amarandi agera kuri miliyoni ijana (R100.000.000). Ikindi nuko hagati ya 2003 na 2012 Afurika y’epfo yagemuriye u Rwanda intwaro zihwanye n’ama randi miliyoni 104.3.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Umuvugizi bukaba bwerekana ko zimwe muri izi ntwaro ari zo zirimo gukoreshwa n’inyeshyamba za M23 mu rugamba zikomeje guhanganamo n’ingabo za Leta ya Kongo-Kinshasa, zica imbaga y’inzirakarengane, zikanatuma abaturage bata ibyabo bakangara hirya no hino mu bihugu bituranye na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo.
Gasasira, Sweden.
